Sunday, May 12, 2024
Sunday, May 12, 2024
spot_imgspot_imgspot_imgspot_img
HomeImikinoUmuyobozi wa APR FC yatangaje amagambo yakangaranyije abakunzi ba Rayon Sports

Umuyobozi wa APR FC yatangaje amagambo yakangaranyije abakunzi ba Rayon Sports

Umuyobozi wa APR FC, Col Richard Karasira, yatangaje ko abagereranya Ikipe y’Ingabo z’Igihugu na Rayon Sports nk’abakeba, bibeshya cyane kuko aya makipe yombi ntaho ahuriye mu bikombe afite ku buryo yafatwa ku rwego rumwe gutyo. 

Dukurikire ku Mbugazacu zitandukanye arizo:

Col Karasira yabitangaje nyuma y’umukino APR WFC yatsinzemo Forever WFC ibitego 3-0 ku Cyumweru, ikegukana Igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri mu Bagore. 

Ubwo yari abajijwe n’abanyamakuru niba APR WFC ayobora, yiteguye guhangana na mukeba Rayon Sports WFC yatwaye Igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere ku wa Gatandatu, Col Richard Karasira yavuze ko abageraranya amakipe yombi [muri rusange] nk’amakeba, bibeshya cyane kuko ntaho ahuriye. 

CorridorReports yadabagije abashaka gutunga websites zabo bwite! Dukora website zo mubwoko bukurikira:

  • Ubucuruzi (E-commerce)
  • Iyamamaza ibikorwa ukora
  • Iyo kuranga Akazi (Job listing)
  • Iyu Urusengero
  • Iya Organization
  • Iya Company

Twandikire kuri Whatsapp unyuze hano: https://shorturl.at/cfkBO

Ati “Kare nigeze gutekereza ubukeba mujya muvuga, nkibaza mbere na mbere aho buturuka. Sinzi icyo binavuga. Bamwe bari ku bikombe 20, abandi bari ku bikombe bitandatu, mukunda kugereranya ibintu bitagereranywa, ntimugakunde kugereranya ibintu bitagereranywa.” 

Abanyamakuru bamusobanuriye ko baba bashaka kumvikanisha ikipe ihangana cyane na APR FC, Col Karasira avuga ko niba ari uko bimeze, aho bafite ukuri. 

Ati “Ariko niba ari ikipe duhanganye, ni byo. Kuko ni ikipe twubaha ubundi, ifite abafana, ifite abantu bayikunda.” 

Abajijwe ku ikipe ya APR FC y’abagore mu cyiciro cya mbere,yavuze ko batazitwara nka Rayon Sports WFC cyangwa AS Kigali. Ati: “Ntabwo twebwe tuzagenda mu mujyo wabo,twirukankana nabo.Twabikora kandi twanabishobora ariko dufite uburyo dushaka kubaka ikipe y’abana ariko tukubaka ikipe ku buryo twagira ireme ridashingiye mu byo kugura abakinnyi cyane. “ 

Yavuze ko batazajya muri izi kipe zikomeye mu bagore mu Rwanda gushakamo abakinnyi ahubwo bazarema ababo bahereye ku bo bafite gusa yemeje ko ibyo kuzana abanyamahanga bazabitekerezaho. 

APR WFC iba i Huye ndetse niho izakomeza kuba nkuko , yari imaze imyaka ibiri mu Cyiciro cya Kabiri. Yasubiye mu Cyiciro cya Mbere yaherukagamo mu 2013 aho yanatwaye Igikombe cya Shampiyona mu 2008. 

Dukurikire kumbugankoranyambaga Zacu:

Tunga App yacu uge ubashe gusoma amakuru neza:

Google Play Store
Andi makuru

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe

Verified by MonsterInsights