Vrydag, Maart 28, 2025
Vrydag, Maart 28, 2025
spot_imgspot_imgspot_imgspot_img
HomePolitikeWazalendo yasubiranyemo? Imirwano hagati y’imitwe ibiri ya Wazalendo yavanye benshi mu byabo

Wazalendo yasubiranyemo? Imirwano hagati y’imitwe ibiri ya Wazalendo yavanye benshi mu byabo

Imitwe ibiri y’inyeshyamba ibarizwa mu biswe Wazalendo, (APCLS ya Janvier Karahiri na UPCRN ya Kagiri) yarwaniye muri Gurupoma ya Mupfunyi Shanga muri Teritwari ya Masisi, bituma abaturage benshi bata ibyabo barahunga. 

Iyi mirwano yabereye kuri uyu wa Gatanu mu misozi ya Buyagu, Bishanga, Kalambiro ikikije uduce twa Kashenda na Bweremana bituma abaturage b’abasivili bahatuye bata ibyabo nk’uko byemezwa n’abanyamakuru bakorera mu burasirazuba bwa Congo. 

Amakuru amwe avuga ko iyo mirwano hagati y’izi nyeshyamba, zisanzwe zifatanya na leta kurwanya M23, yatewe no kutumvikana kuri bariyeri yishyurizwaho imisoro itemewe. 

Itsinda ry’abavuga ko bagizweho ingaruka n’intambara ya M23 ryahamagariye impande zombi gutuza no kubungabunga inyungu z’igihugu, rirahamagarira FARDC gukora ibishoboka byose kugira ngo iki kibazo uwo bita umwanzi atacyungukiramo. 

CorridorReports yadabagije abashaka gutunga websites zabo bwite! Dukora website zo mubwoko bukurikira:

  • Ubucuruzi (E-commerce)
  • Iyamamaza ibikorwa ukora
  • Iyo kuranga Akazi (Job listing)
  • Iyu Urusengero
  • Iya Organization
  • Iya Company

Twandikire kuri Whatsapp unyuze hano: https://shorturl.at/cfkBO

Dukurikire kumbugankoranyambaga Zacu:

Tunga App yacu uge ubashe gusoma amakuru neza:

Google Play Store
Andi makuru
- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe

Verified by MonsterInsights