Woensdag, Februarie 19, 2025
Woensdag, Februarie 19, 2025
spot_imgspot_imgspot_imgspot_img
HomePolitikePerezida Volodymyr Zelenskyy wa Ukraine yarusimbutse nyuma y’uko agabweho igitero gikomeye cyane.

Perezida Volodymyr Zelenskyy wa Ukraine yarusimbutse nyuma y’uko agabweho igitero gikomeye cyane.

Biravugwa ko Perezida Volodymyr Zelenskyy wa Ukraine yarusimbutse nyuma y’uko igisirikare cy’u Burusiya, cyageragezaga kumugabaho igitero gikomeye cyane kigamije kumwica. 

Ibi byabaye ku wa Gatatu, tariki ya 06 Werurwe 2024, ubwo Perezida Zelenskyy yari yasuye agace ka Odesa ko mu majyepfo ya Ukraine, nk’uko bivugwa n’ibinyamakuru byo mu Bugiriki. 

Bivugwa ko ubwo imodoka zari ziherekeje perezida Zelenskyy zari zigeze mu ntera y’ibirometero 150 uvuye ku zari ziherekeje Minisitiri w’intebe w’u Bugiriki, Kyriakos Mitsotakis, zagabweho igitero cya misile yari yatewe n’igisirikare cy’u Burusiya. 

Ibinyamakuru byo mu Bugiriki bivuga ko ingabo z’u Burusiya zagabye kiriya gitero saa tanu n’i minota 43, za mugitondo. 

Iyi nkuru ivuga ko Zelensky yari yerekeje mu gace ka Odesa kuhahurira na minisitiri w’intebe w’u Bugiriki wari wageze muri Ukraine mu ibanga rikomeye , mbere yo kuhava yerekeza i Bucharest muri Romania. 

Abategetsi bo mu Bugiriki, bemeje aya makuru, ariko bakavuga ko ntakibazo cyigeze kibaho kubera kiriya gitero. 

Umunyamabanga mukuru wa leta y’u Bugiriki, Stavros Papastavrou, yavuze ko bose bahavuye ari bazima. 

CorridorReports yadabagije abashaka gutunga websites zabo bwite! Dukora website zo mubwoko bukurikira:

  • Ubucuruzi (E-commerce)
  • Iyamamaza ibikorwa ukora
  • Iyo kuranga Akazi (Job listing)
  • Iyu Urusengero
  • Iya Organization
  • Iya Company

Twandikire kuri Whatsapp unyuze hano: https://shorturl.at/cfkBO

Dukurikire kumbugankoranyambaga Zacu:

Tunga App yacu uge ubashe gusoma amakuru neza:

Google Play Store
Andi makuru

Musubize

Shyira hano igitekerezo cyawe!
Injiza izina ryawe

- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe

Verified by MonsterInsights