Perezida Kagame yagaragaje ko amahanga akwiriye guhagarika kugereka ku Rwanda ibibazo bya RDC kuko nta ruhare rubifitemo ndetse yemeza ko ikibazo cyayo kirimo ibintu byinshi byivanzemo na benshi.
Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye na Radio 10 na Royal FM yavuze ko
Ati “Nk’ikibazo cya Congo, abantu bavuga Uburasirazuba bwa Congo, ukibwira ngo ni ikindi Gihugu, oya ni Congo. Ibibazo biri mu Burasirazuba bwa Congo ni ibibazo bikomoka muri Congo, by’ubuyobozi bwa Congo. Hari ubwo u Rwanda barwikoreza umuzigo wa Congo.”
“Umuzigo wa Congo ukwiriye kuba wikorerwa n’Abanye-Congo n’abayobozi ba Congo, ntabwo ukwiriye kuba wikorerwa n’Abanyarwanda n’abayobozi b’u Rwanda, kandi bibaye igihe kinini, u Rwanda barwikoreje umuzigo wa Congo igihe kinini, ibintu birarambiranye. Ku kwikoreza umuzigo wa Congo ni nko ku kwikoreza umurambo w’impyisi.”
Perezida Kagame yavuze ko iki kibazo kimaze imyaka myinshi ariko kireba abanyekongo ubwabo.
CorridorReports yadabagije abashaka gutunga websites zabo bwite! Dukora website zo mubwoko bukurikira:
- Ubucuruzi (E-commerce)
- Iyamamaza ibikorwa ukora
- Iyo kuranga Akazi (Job listing)
- Iyu Urusengero
- Iya Organization
- Iya Company
Twandikire kuri Whatsapp unyuze hano: https://shorturl.at/cfkBO