Amakuru yashyizwe hanze na Komisiyo y’Amatora muri Gabon mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu agaragaza ko Albert Ondo Ossa wari uhatanye na Ali Bongo yagize amajwi 30.77%.
Nubwo Ali Bongo yegukanye intsinzi, aya matora yabaye mu cyumweru gishize akomeje kunengwa na benshi bitewe n’uko nta ndorerezi mpuzamahanga zayagaragayemo ndetse mu gihe yabaga internet ikaza gufungwa.
Ali Bongo yagiye ku butegetsi muri Gabon mu 2009, ubwo yasimburaga se Omar Bongo wari umaze kwitaba Imana. Mu 2016 yaje kwegukana manda ya kabiri nyuma yo gutsinda amatora n’amajwi 50.66%.
Hashingiwe ku Itegeko Nshinga ryavuguruwe mu 2017, ubu Ali Bongo yemerewe kwiyamamaza inshuro zose ashaka.
CorridorReports yadabagije abashaka gutunga websites zabo bwite! Dukora website zo mubwoko bukurikira:
- Ubucuruzi (E-commerce)
- Iyamamaza ibikorwa ukora
- Iyo kuranga Akazi (Job listing)
- Iyu Urusengero
- Iya Organization
- Iya Company
Twandikire kuri Whatsapp unyuze hano: https://shorturl.at/cfkBO