Woensdag, Februarie 19, 2025
Woensdag, Februarie 19, 2025
spot_imgspot_imgspot_imgspot_img
HomePolitikeAFC imaze iminsi itatu ivutse ihangayikishije Leta ya Amerika »Ambasaderi Lucy Tamlyin...

AFC imaze iminsi itatu ivutse ihangayikishije Leta ya Amerika »Ambasaderi Lucy Tamlyin  

Ambasade y’Amerika i Kinshasa yatangaje ko ihangayikishijwe cyane n’ishingwa rya Alliance du Fleuve Congo, rigizwe n’abarimo Corneille Nangaa wahoze ayobora Komisiyo y’Amatora (CENI) n’Umuyobozi wa Twirwaneho, Michel Rukunda, na M23, abantu bafatiwe ibihano na Amerika.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Ambasaderi wa Amerika, Lucy Tamlyin, yavuze ko Alliance du Fleuve Congo ari « ikibazo gikomeye ku baturage ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu gihe bitegura gukoresha mu mahoro uburenganzira bwabo mbonezamubano na politiki buteganwa mu itegeko nshinga rya Congo ».

Yagize ati: « Turahamagarira abo bireba bose bashishikajwe no guhagarika amakimbirane mu burasirazuba bwa DRC kubahiriza gahunda z’amahoro ziyobowe na Afurika, harimo inzira za Luanda na Nairobi ».

Akomeza avuga ati: «Twongeye gushimangira ko Amerika izatekereza gufata ingamba, harimo kubuza visa cyangwa izindi ngamba, mu kurwanya abangiza demokarasi cyangwa bahungabanya amahoro, umutekano ndetse n’ituze bya DRC n’akarere byegeranye »

CorridorReports yadabagije abashaka gutunga websites zabo bwite! Dukora website zo mubwoko bukurikira:

  • Ubucuruzi (E-commerce)
  • Iyamamaza ibikorwa ukora
  • Iyo kuranga Akazi (Job listing)
  • Iyu Urusengero
  • Iya Organization
  • Iya Company

Twandikire kuri Whatsapp unyuze hano: https://shorturl.at/cfkBO

Dukurikire kumbugankoranyambaga Zacu:

Tunga App yacu uge ubashe gusoma amakuru neza:

Google Play Store
Andi makuru

Musubize

Shyira hano igitekerezo cyawe!
Injiza izina ryawe

- Kwamamaza -spot_img

Izi ntuzicikwe

Verified by MonsterInsights